DNIM yatangiriye mu gusangira ijambo ry’Imana hagati
y’abantu bake hakoreshejwe umurongo wa telefoni ku itariki ya 14 Nyakanga 2014.
Umubare w’abantu babishaka wagiye wiyongera kugera ubwo byabaye ngombwa ko
hakoreshwa Whatsapp, ariko bigeze hagati Imana itanga isezerano ko DNIM
izakomera, ikaguka ikagera ku mpera z’isi. Byose hagiye habamo
umugisha mu kwaguka mu buryo butandukanye ku buryo hahise hategurwa n’igikorwa
cyo guhura. Ku itariki ya 25 z’ukwezi kwa cyenda 2014, hahise habaho guhurira i
Kampala mu bugande, aho benshi mu banyamuryango bahuriye cyane abari
baturutse muri Afurika, hakaba harahawe umugisha abakozi b’Imana bo hasi
kugirango bafashwe nabo batere imbere. <br /><img
src="images/26219329_10211156557454011_4616351962538156963_n.jpg"
width="620" /></p>
<p dir="ltr" style="text-align:
justify;"> DNIM rero ikaba ifite n’ibindi bikorwa by’imishinga
bigamije gufasha abantu kwikura mu bukene. Twavuga nk’umushinga w’IMANZI
ufasha abaturage mu buhinzi n’ubucuruzi bw’ibihumyo. DNIM ikaba ifite na none
umushinga wo gufasha abakene, ibaha imyambaro. Hakaba hakusanywa imyenda
n’inkweto biturutse hirya no hino mu nsengero zitandukanye zo muri
Amerika.<br />Ubu DNIM ikaba iri gufungura amashami menshi muri Leta zunze
ubumwe za Amerika, Canada, Uburayi, Aziya na Afurika aho ikomeje kwigisha
ijambo ry’Imana no gufasha abantu mu buryo bw’umwuka n’ubw’umubiri.</p>
<p dir="ltr" style="text-align:
justify;"><br /><strong>ICYEREKEZO</strong><br
/>Viziyo ya DNIM ni uguguhuza abantu hakoreshejwe ibyigisho, hashingiwe ku
ijambo ry’Imana rivuga riti “Nimugende muhindure abantu bo mu mahanga yose
abigishwa, mubabatize mu izina rya Data wa twese n’umwana n’umwuka wera,
mubigisha kwitondera ibyo nababwiye byose. Kandi dore ndi kumwe namwe iminsi
yose kugera ku mpera y’isi” Matayo 28:19-20</p>
<p style="text-align: justify;"><br
/><strong>MISIYO</strong><br />Gukora dusenga</p>
<p style="text-align: justify;"><br
/><strong>INTEGO</strong><br />-
Kuyobora abantu mu buryo bw’umwuka; <br />-
Gufasha abantu gutera imbere binyuze mu biganiro, amahugurwa, imishinga
ndetse no gufashanya hagati yabo. <br /><br /></p>
