Nyuma yo gusoma iri jambo nifuje ko tuganira kuri topic igira Iti: WOWE WUBAHIRA IMANA IKI?
Iki kibazo nicyo Satani
yagendeyeho yereka Imana ko Yobu afite impamvu zo kubaha Imana ariko yari
yahengamiye cyane ku mpamvu z'umubiri (wamuhaye amatungo, ubuzima, abana,
etc...
Ariko se Koko Yobu
yibahiraga Imana ibifatika????
Pawulo yaragize ati:
Ni cyo gituma tudacogora, kandi nubwo umuntu wacu w'inyuma
asaza, umuntu wacu w'imbere ahora ahinduka mushya uko bukeye,
kuko kubabazwa kwacu kw'igihwayihwayi kw'akanya ka none
kwiyongeranya, kuturemera ubwiza bw'iteka ryose bukomeye.
Natwe ntitureba ku biboneka, ahubwo tureba ku bitaboneka kuko
ibiboneka ari iby'igihe gito, naho ibitaboneka bikaba iby'iteka ryose.
(2 Abakorinto 4:16-18)
Ntitureba ku bifatika
Urugamba Yobu yatsinze
IYO aza Kuba areba ku bifatika, ntiyari butere intambwe n'imwe adatsinzwe
n'ubugome bwa Satani.
Ariko yagaragaje ko
atubahiraga Imana ibifatika/ibigaragara ubwo yaneshaga imbere y'ibigeragezo
bitandukanye yahuraga nabyo.
Natwe dukeneye kugira
umutima utubakira kubaha Imana kwacu ku bifatika.
Turi mu gihe
ivugabutumwa rikunzwe Kandi rifite imbaraga ari irishingiye ku bifatika ibyo
bigahamywa n'urukundo abantu bakunze ubuhanuzi kuko nka 90% buba butanga
ikizere cy'ibifatika, ariko ijambo ry'Imana ritwigisha uko dukwiriye kubaha
Imana no mu gihe bidahari bakarigendera kure.
Ni yo mpamvu rero nifuje
ko uyu munsi Buri wese agenzura ubukristo bwe muri izi mpuguro zitari ndende
zifite intego yabajije ngo:
WOWE WUBAHIRA IMANA IKI?
Kubaha Imana kwacu
gukwiriye kurenga imbibi z'umubiri kugashinga imizi mu isi y'Umwuka aho
twubahira Imana ko yatubyaye ikatugira abana, ikanadusezeranya ubugingo
buhoraho nyuma y'urupfu kuko ibi isi ntibitanga.
Kubaha Imana kwacu
gukwiriye kuduhesha kubaho ubuzima bw'Umwuka butanyeganyezwa n'ibihe kuko Imana
yacu iri hejuru y'ibihe.
Tukabaho dufite
ibyiringiro kuko tuzi ko Data wat twese adukunda nk'uko Pawulo yigeze kubaza ati:
Ubwo yaduhaye umwana
wayo izabura ite kumuduhana n'ibindi byose?
Nibitagenda gutyo,
tuzagendera mu kigare cya Hallelujah nyinshi n'indirimbo n'amakorasi ameze nka
entertainment tubeho ubuzima nk'ubwa Lawodokiya yabwiwe ko yiyita umutunzi ari
umutindi wo kubabarirwa.
Nahoze nganira n'umuntu
twibaza impamvu ubuzima bw'Umwuka mu bihugu byateye imbere bwakendereye tuza
gusanga byaratewe n'uko babaye mu bihe byo kubaha Imana kuko bakennye ariko
ubukire bwaza ya sano ntigire icyo ibamarira kuko tudakwiriye kubahira Imana
ibifatika ahubwo tuyubahira abo yatugize bo (yatugize abana)
Hallelujah
Mbese wowe wubahira Imana iki???
Daniyeli na Hananiya, na
Mishayeli na Azariya babaye urugero rwiza kuri iyi ngingo kuko batitaye ku
buzima bwiza Imana yabashyizemo I Baburoni ngo babugundire,
Ahubwo bahisemo kubusiga
bagapfa bacyubaha Imana batubahiraga ibigaragara bituma bahakanira umwami
bamaramaje ku cyifuzo cye cyo gusenga ibitari Imana
Mu gihe Yerebowamu we
yahisemo gusuzugura Imana ngo akomeze ubwami yari yamuhaye.
Ariko Yozefu nawe
yitwaye neza agaragaza ko atubahiraga Imana igitsure cya se wari
waramukundwakaje akanamutoza kubaha Imana.
Mbese wowe wubahira Imana iki?
Ø Uyubahira ko yatanze
Yesu ikatubyaza ubutumwa bwiza bwaduhesheje kuba abaragwa b'ubugingo buhoraho?
Ø Uyubahira ko wasanze
iwanyu bayubaha nawe ukagendera muri icyo kigare?
Ø Uyubahira ubutunzi
yaguhaye?
Uyubahira iki????
Umushumba umwe yaragize
ati:
Ø Kubaha Imana ni icyemezo
umuntu afata akavuga ngo:
"Nzayubaha mpaze,
nzayubaha nshonje,
Nzayubaha nkunzwe,
Nzayubaha bahari cyangwa
batanahari."
Dukwiriye gusenga Imana
natwe tukabasha kugendera muri iki cyemezo cyo kubaha Imana dufatiye kuri uru
rugero rwa bene data babinyuzemo neza.
Shalom
