3. NI UKO ABATUBABAZA BATAZI ICYO BAKORA
Ibyanditswe bigaragaza abadakijijwe nk'impumyi ndetse ibi bituma
bahora mu mwijima n'ubwo haba hari umucyo (cya gihe uba wumva byumvikana)
NB: Nituvuga abadakijijwe ntiwumve abadafite amadini, ahubwo wumve
abadafite Yesu.
Niba rero uyu muntu akubabaje wagakwiriye kwibuka ko ari impumyi
bikakorohera kumugirira imbabazi.
Iki nicyo Yesu yakoze abwira data ati: "Ntibazi icyo bakora."
Pawulo nawe yakoresheje iyi nyurabwenge yerekana impamvu Imana
yamubabariye:
1 Tim 1:13 nubwo nabanje kuba umutukanyi n'urenganya
n'umunyarugomo. Ariko narababariwe kuko nabikoze mu bujiji ntarizera;
Nawe rero ujye utugirira imbabazi kuko
Hari n'igihe tukubabaza tutamenye ko twakubabaje kuko dufite
imyumvire itandukanye,
Ikiranga umuntu Ubona, iyo akubabaje aza kukubwira ngo mbabarira
aho abiboneye, ariko bamwe navuze batabona ukwiriye kubabarira n'ubwo baba
batagusabye imbabazi nka kumwe Imana yatubabariye.
Niba kandi ari mwenedata wakubabaje, uzamusange mwigorore,
nakubera mwenedata akamenya ko yakosheje azikiranura nawe, ariko natanabikora
uzamugirire imbabazi kubwo kwibuka ko ashobora kuba we abona ntacyo bitwaye,
n,ubwo atari byiza kumva umuntu uko wiyumva, biba byiza kubanza kumwumva uko
yiyumva ukazamufasha guhinduka nyuma。
Mbere yo gusoza reka twibaze ikindi kibazo gikunda kugora benshi
Mbese kubabarira umuntu bivuze ko ukomeza
kumugirira ikizere???
Nk'uko tubiziranyeho, ikizere ni ikintu cyubakwa si ikintu umuntu
atoragura,
Gusa hari umuntu utsindira ikizere cyawe kugeza ku rwego n'iyo
yaguhemukira Ubona ko ari ibyago yagize kuko ari umuntu bitewe n'uko muba
musanganywe.
bamwe baravuga ngo:
Iyo ubabariye uribagirwa ariko ubwonko Imana yaduhaye ntibugira
ahantu ho gusiba ariko hari ikindi bushobora kubwo kumenya.
Bushobora kutarebera umuntu mu ikosa yakoze ubushize ahubwo
akababarirwa nk'uko navuze ko natwe tubikenera.
Twibukiranye ko kubabarira no kwakira imbabazi bitandukanye.
Dusabwa gutunga imbabazi muri twe tutitaye kubazazakira n'abatazazakira.
Uku kandi niko dusabwa kwakira imbabazi iyo twakosheje kuko n'ubwo
umuntu yazikwima uzimusabye Imana iraziguha.
Gusa ntukishongore nka bamwe ngo Imana yarambabariye nushaka wowe
ubireke.
Iyo rero umuntu akubabariye kumubabarira bivuze kumutandukanya
n'ububi bwe n'ubwo wabyibuka ukabyibukana imbabazi ntubyibukane umunabi
n'umutima mubi.
Iyo umubabariye agahinduka biba byizaaaa ndetse cyane kuko umubano
ukomeza bisanzwe.
Ariko iyo adahindutse uba ugomba kumubanira uko ari bidaturutse ku
rwango no ku munabi ahubwo biturutse ku buryo umuntu ameze
Reka
dufate ingero:
Niba
umuntu akunda kwica gahunda ni byiza kumwakira ukanamubabarira ugasigara
umwigisha kubahiriza gahunda ariko ibisaba gukorwa kuri gahunda utabyikorera
ukabiha ababishoboye.
(Urumva ko mu mbabazi harimo no kumurinda ibyo atashobora ahubwo)
Babarira
abantu unirinda kubikoreza imitwaro badashoboye ahubwo ubafashe kuba bagera ku
kigero cyo kuyikorera.
None se waziza umwana w'imyaka 5 kutavomesha ijerekani?
Oyaaaa, ahubwo urayimurinda ukamuha akajerekani gato kuko nta
kizere umufitiye ko yayibasha kubw'ikigero cye.
Umuntu rero wababariye ariko ntahinduke ubana nawe uko ari
ukamurinda imitwaro atabasha kwikorera.
Niba
umuntu aroga kumushyira umwana wawe udashaka ko agufasha kwica uba umuhaye
akazi atari bushobore.
Rekera umwana mu rugo, nk'uko n'ubundi utamutwara ahandi hantu
hatera ikibazo kuri we.
Ni nako udakwiriye kuguriza umuntu amafaranga uzakenera vuba kandi
uzi ko yambura, ujye umuha ayo utazakenera kandi wumva wamuharira ariko
ntuzange kumufasha.
Kubabarira
rero ntibikuraho kwirinda aho bishoboka.
Gusa iyo uwo wababariye agukeneyeho ubufasha kandi ubufitiye
ubushobozi ukabumwima uba warababariye ku munwa ntuba warababariye ku mutima
kandi abababarira gutya mwabonye ko Yesu yabaciriyeho iteka'
Muhabwe
umugisha.
